Police VC yo mu Rwanda na Al Ahly SC yo mu Misiri zageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball [CAVB Men’s Club Championship 2026], iri gukinirwa mu Mujyi wa Kigali.
Imikino ya1/2 yabereye muri BK Arena, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Gicurasi 2026.
Umukino wa mbere wahuje REG VC na Police VC, wari ishiraniro kuko aya makipe ari muri ane yaserukiye u Rwanda muri iri rushanwa asanzwe ahatana muri Shampiyona y’imbere mu Gihugu.
Police VC ni yo yatangiye umukino neza, itsinda seti ya mbere ku manota 25-20, ariko iyi Kipe ya Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu, iva inyuma yitwara neza muri seti ya kabiri yegukanye ku manota 25-22.
Ikipe ya Police VC yafashijwe n’abakinnyi bayo barimo Elphas Makuto watsinze amanota 29, itsinda amaseti abiri yikurikiranya, yegukana umukino ku ntsinzi y’amaseti 3-1 (20-25, 25-22, 17-25, 21-25).
Police VC yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere ikomoka mu Rwanda yageze ku mukino wa nyuma muri iri rushanwa rihuza amakipe akomeye muri Volleyball ya Afurika.
Nicholas Matui ukinira REG VC yabwiye itangazamakuru ko Police VC yitwaye neza kandi yatsinze ibikwiye.
Ati “Bakinnye neza, bakwiye intsinzi. Ibyo twateguye, ibyo umutoza yatubwiye ntabwo twabikoze neza. Ndabifuriza intsinzi ku mukino wa nyuma. Ubu intego ni umwanya wa gatatu, tugashaka umudali.”
Ku mukino wa nyuma, Police VC izahahurira na Al Ahly SC yo mu Misiri, yahageze itsinze Petrojet Sporting Club amaseti 3-0 (25-20, 25-15, 25-16) mu mukino wamaze isaha n’iminota 12.
Elhossiny wa Al Ahly yatsinze amanota 20, afasha ikipe ye gusezerera Petrojet SC amanota 75 kuri 51, ubariye hamwe amaseti atatu yakinwe.
Al Ahly SC ifite ibikombe 16 mu riri rushanwa riri gukinwa ku nshuro yaryo ya 47, ihabwa amahirwe yo kwegukana icya 17.
Kuva iri rushanw riri kubera mu Rwanda ryatangira, iyi kipe ntirinjizwa seti n’imwe ndetse ikipe yayibonyemo amanota menshi mu iseti imwe, yagejeje kuri 20 gusa.
Police VC yageze ku mukino wa nyuma na yo yiteguye guhatana no kuyiha akazi.
Umutoza wa Police VC, Fred Musoni, yabwiye itangazamakuru ko yishimiye kugera ku mukino wa nyuma, anashimira Polisi y’Igihugu uko yita ku makipe yayo.
Yakomeje ati “Abakinnyi bo sinabona icyo mbavugaho kuko bakoze ibidasanzwe kugira ngo bagere hano. Nta magambo ahagije nabona nkoresha mu kubashimira. Twishimira cyane abakinnyi kandi turashimira Imana ko yabanye natwe.”
Musoni yavuze ko ikipe ye yageze ku mukino wa nyuma itabiguyeho kandi izitwara neza.
Ati “Tugeze ku mukino wa nyuma tubikwiye. Nta mukino turatsindwa. Ntitugiye gutsindwa, tugiye kubaha akazi. Munyizere, umukino w’ejo si uwanjye. Ni uw’abakinnyi. Kugera ku mukino wanyuma bisaba guhatana. Ni umukino tudatewe inkeke na wo.”
Yavuze ko umukino batsinzemo REG VC wari ukomeye kurusha indi bakinnye, kuko banahanganye muri Shampiyona y’u Rwanda aho bahuriye ku mikino ya nyuma wa play offs.
Ati “REG VC ni ikipe nziza kandi hari ibyo tutararangizanya na yo. Wari umukino ukomeye kuri twe. Ndaza kongera ndebe umukino ndebe uko wari umeze.”
Makuto watsinze amanota 29 mu manota 97 Police VC yatsinze REG VC, yo ikinjizwa 83 mu mukino wamaze isaha n’iminota 34, yavuze ko bakinnye bafite ishyaka kuko bifuzaga gukora amateka.
Ati “Icyaduteye ishyaka ni uguharanira gukina umukino wa nyuma. Twumvaga ari amahirwe ya nyuma yo kuwukina. Abo dukinana nishimira kubana na bo, umutoza aranyihanganira kandi icyizere akugirira gishobora gutuma ukora neza.”
Yavuze ko ku mukino wa nyuma bigishoboka ndetse abafana bakwiye gukomeza kubaba inyuma.
Ati “Buri kimwe kirashoboka. Ndahamagarira buri wese kuzaza inyuma yacu. Ndi Umunya-Kenya ndabahagarariye ariko nishimiye no kuba mpagarariye u Rwanda ku mukino wa nyuma.”
Umukino wa nyuma uzahuza Police VC na Al Ahly urabera muri BK Arena, kuri uyu wa Gatandatu tariki 02 Gicurasi 2026, saa Mbiri z’ijoro nyuma y’umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uhuza REG VC na Petrojet SC.
