Mu masaha make nyuma y’ihanurwa ry’indege ya Perezida Juvénal Habyarimana ku wa 6 Mata 1994, inzego zitandukanye z’ubutasi zo mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi zirimo iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ubwongereza n’u Bubiligi, zahuriye ku mwanzuro uremereye kandi usobanutse neza, ko ‘icyo gitero cyaturutse imbere mu nzego z’abahezanguni b’Abahutu ubwazo, by’umwihariko mu kigo cya gisirikare cya Kanombe cyari kiyobowe n’ingabo za leta yakoze Jenoside.’
Ubutasi bwa gisirikare bw’u Bubiligi (SGR), bwari bufite amakuru menshi ku Rwanda kubera uruhare rwabwo mu butumwa bw’amahoro bwa Loni, bwashyize ahagaragara isesengura rikomeye ku itariki ya 22 Mata 1994.
Bwavuze mu buryo budasubirwaho ko “Ibimenyetso byose bigaragaza ko abakoze icyo gikorwa bari mu gatsiko k’abahezanguni b’Abahutu kari mu gisirikare cy’u Rwanda.”
Iryo sesengura ryashimangiye ko umuvuduko n’imitegurire byaranze ubwicanyi bwahise bukurikiraho byerekana ko byari byarateguwe mbere.
Iyo nyandiko yakomeje igaragaza ko hari abantu bafite ububasha bukomeye begereye umuryango wa Perezida ari bo bari nyirabayazana.
Yagize iti “Iri tsinda ryakoreraga hafi y’umugore wa Perezida, aho abavandimwe be na babyara be bari barabaye abayobozi bakuru muri leta. Bari baragize uruhare mu bikorwa by’iterabwoba no mu bucuruzi bw’amafaranga, kandi ntibatekerezaga na gato gutakaza inyungu zabo. Ni bo bayoboraga Interahamwe (umutwe w’urubyiruko wa MRND wabaye intandaro y’udutsiko twicaga abantu). Iyi lobby yarimo n’abasirikare bakuru, kandi ni muri bo hagomba gushakirwa abakoze igitero cy’indege ya Perezida.”
Ku rundi ruhande, ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika nabwo bwageze kuri uwo mwanzuro; aho inyandiko ya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yasohotse nyuma, igaragaza ko Washington yahise ibona ko hari kuza ubwicanyi bukomeye, kandi ikumva ko urupfu rwa Perezida atari igitero cyaturutse hanze, ahubwo ari ikimenyetso cy’igikorwa cyari cyarateguwe cyo gutsemba no gukora Jenoside; ndetse tariki 07 Mata, Amerika yahise ishyiraho itsinda ryihariye rikurikirana ibibazo, rizi neza umugambi mubisha wa leta.
N’ubutasi bw’u Bwongereza, nubwo butavugwa cyane bwahuye n’iyo myanzuro; buvuga ko abahezanguni bari mu butegetsi bari bafite impamvu n’ubushobozi bwo kwica Habyarimana no gusenya amasezerano ya Arusha.
U Bufaransa bwo, kubera uruhare rwabwo n’ubufatanye bwa hafi n’ubutegetsi bwakoze Jenoside, bwafashe indi nzira itandukanye kandi iteye isoni.
Mu myaka ya nyuma ya 1990 na 2000, inzego zabwo z’ubutabera, iza gisirikare n’iza politiki zagerageje gushinja FPR-Inkotanyi icyo gitero; kuko kwemera ko abari imbere muri leta ari bo bagiteguye byari kugaragaza uruhare n’imikoranire y’u Bufaransa n’iyo leta.
Gusa, ibisubizo by’ubushakashatsi bwa Trévidic (2010–2012), byavuze ko igisasu cyaturutse mu kigo cya gisirikare cya Kanombe cyari kiyobowe n’ingabo za leta, byatumye u Bufaransa buhindura igitekerezo cyabwo.
Bivuze ko ari ibintu bisobanutse neza; gushinja abahezanguni b’Abahutu ntabwo ari ibintu byaje nyuma; ahubwo ni umwanzuro wafashwe hakiri kare ushingiye ku bimenyetso, kuko wakiriwe ako kanya na zimwe muri leta, mu gihe izindi, nk’u Bufaransa, zawurwanyije imyaka myinshi kugeza igihe nabwo bwemeye ukuri ku byabaye kandi kudashidikanywaho.

Hello, abarundi nabafunga mitwe