Ikipe ya REG VC yabaye iya mbere mu gutanga icyizere ko ku nshuro ya mbere mu mateka, ikipe yo mu Rwanda izakina umukino wa nyuma Shampiyona ya Afurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB Men’s Club Championship 2026-MAVCC2026), aho ku nshuro ya 47 iri kubera mu Rwanda kuva tariki 20 Mata 2026.
Ibi ikipe ya REG VC yabigezeho kuri uyu wa Kane tariki 30 Mata 2026, nyuma gusezerera muri 1/4 KPA yo muri Kenya iyitsinze amaseti 3-1(28-26, 25-18, 17-25, 30-28); bivuze ko iyi kipe muri 1/2 izakina na Police VC yatsinze Kepler VC amaseti atatu kuri abiri (25-27, 25-19, 24-26, 25-19, 15-9), imikino yose yabereye muri BK Arena.
Nyuma y’uyu mukino, Umutoza Mugisha Benon Bavuga, yavuze ko kwiga uburyo KPA ikina no kugerageza kuyibuza gukina uburyo bwayo, ari byo byabafashije kubona intsinzi.
Ati “Umukino wari ukomeye, abanya-Kenya ntabwo barekura baguma gukina bakwataka [attaquer] uko bishobotse kose, kandi imbaraga barazifite. Twagerageje ibishoboka byose kugira ngo bahagarike kutwataka, bidufasha gutsinda umukino.”
Mugisha yakomeje avuga ko nk’uko batangiye bava mu majonjora, bakomeza muri 1/8 no muri 1/4 hose bitwara neza, intego ari ukujya ku mukino wa nyuma kandi ko bishoboka; kuko icyo bagiye gukora ari ukuruhuka no kwitegura mu mutwe ubundi bagakina 1/2 bameze neza.

Uretse APR VC yasezerewe itarenze 1/8 ikaba izahatanira imyanya kuva ku wa 9 kugeza ku wa 16, andi makipe atatu ahagarariye u Rwanda yose agomba kugaragara mu munani ya mbere, arimo REG VC na Police VC agomba kuba ari mu myanya ine ya mbere, kandi hari ikipe yo mu Rwanda igomba gukina umukino wa nyuma; naho Kepler VC yo igomba guhatanira umwanya kuva ku wa gatanu kugera ku wa munani.



