FERWAFA yumvikanishije Rayon Sports na Kiyovu kuri Haringingo

Nyuma y’ibiganiro Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryahurijemo ikipe ya Rayon Sports, Kiyovu Sports n’Umutoza Haringingo Francis Christian; bidasubirwaho uyu mutoza yemerewe gutoza Rayon Sports.

Umutoza Haringingo Francis yaherukaga gusezera Kiyovu Sports akajya gutoza Rayon Sports, gusa iyi kipe yavuyemo itabyemera kugeza ubwo yimwe a FERWA uruhushya rwo gutoza.

Mu biganiro byahuje impande zose zirebwa n’iki kibazo kuri uyu wa Kane tariki 16 Mata 2026, biyobowe na Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, byarangiye uyu mutoza yemerewe gusubira muri Rayons Sports yigeze kugiriramo ibihe byiza.

Ibiganiro byo guhuza impande zombi byayobowe na Perezida wa FERWAFA.

Biravugwa ko impande zombi zumvikanye zibifashijwemo na FERWAFA, ndetse Kiyovu Sports igahabwa amafaranga yasabaga, na cyane ko Haringingo yari akiyifitiye amasezerano y’amezi abiri.

FERWAFA yahise itanga itangazo ko Rayon Sports na Kiyovu Sports bumvikanye ku kibazo cy’Umutoza Haringingo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *