Ikigo cy’u Rwanda cy’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera (Rwanda Forensic Institute – RFI) yasabye abanyamategeko kwifashisha ibimenyetso gitanga, cyizeza ko kigiye kongera amashami yacyo hirya no hino mu gihugu kugira ngo serivisi gitanga zigere ku baturarwanda bose.
RFI ikomeje kongera imbaraga mu guteza imbere ikoreshwa ry’ibimenyetso bya gihanga mu butabera, aho inakomeje guhugura abanyamategeko bunganira abantu (Abavoka) bo hirya no hino mu turere dutandukanye ku bijyanye na serivisi z’ubugenzacyaha n’uburyo ibimenyetso bya gihanga byafasha mu kugaragaza ukuri mu nkiko.
Ubwo bahuguraga abo mu Karere ka Huye ku wa Kane tariki 03 Nzeri 2026 mu mahugurwa yamaze umunsi umwe yahuje abanyamategeko bakorera muri aka Karere, hibanzwe ku gusobanura serivisi zitandukanye zitangwa na RFI, uburyo bwo gusaba isuzuma ry’ubugenzacyaha, igihe bisaba kugira ngo raporo itegurwe, ndetse n’uburyo abanyamategeko bashobora gusobanura ibyavuye mu isuzuma ry’ibimenyetso bya gihanga mu gihe bahagarariye abakiriya babo.
Iki gikorwa kibaye mu gihe u Rwanda rukomeje gahunda yo kugeza serivisi z’ubutabera bushingiye ku bumenyi bwa gihanga hanze ya Kigali.
RFI ivuga ko kwegereza abaturage izi serivisi bishobora gufasha kwihutisha iperereza no kurushaho gushimangira ubutabera bushingiye ku bimenyetso bifatika, ndetse ko iteganya gushyira amashami mu bice bitandukanye by’igihugu.
Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr Lt Col (Rtd) Charles Karangwa, yavuze ko gahunda yo kwegereza serivisi z’ubugenzacyaha abaturage izagira uruhare mu kongera umuvuduko n’ubuziranenge bw’iperereza.
Mu rwego rwa gahunda ya Leta y’imyaka itanu, RFI irateganya gushyiraho amashami mu bice bitandukanye by’igihugu, ku buryo abaturage n’inzego zikeneye izi serivisi hanze ya Kigali bazajya bazibona bitabagoye.
Dr Lt Col (Rtd) Karangwa yatanze urugero ku isuzumwa ry’imirambo, asobanura ko gutinda gutwara umurambo kuwujyana i Kigali bishobora kugira ingaruka ku bwiza bw’ibimenyetso abashinzwe iperereza bashobora kubona.
Yagize ati “Iyo serivisi z’ubugenzacyaha ziri hafi y’abaturage, ibimenyetso bishobora gusuzumwa hakiri kare, bigatuma inzego z’ubutabera zibona amakuru yizewe mu gihe gito.”

Biteganyijwe ko kwagura izi serivisi mu gihugu, bizafasha kugabanya ubukererwe mu isuzumwa ry’ibimenyetso, ndetse bigatuma ibimenyetso bya siyansi birushaho kugera ku bashinzwe iperereza, abanyamategeko, inkiko n’abaturage muri rusange.
Abanyamategeko basabwe kurushaho kwifashisha ibimenyetso bya gihanga
RFI kandi yasabye abanyamategeko kurushaho kumenya serivisi zitangwa n’ikigo no kuzirikana kuzifashisha mu manza zirimo ibimenyetso bisaba isesengura rya siyansi.
Dr Karangwa yavuze ko abanyamategeko badakwiye gutegereza ko urubanza rugera mu cyiciro cyo hejuru mbere yo kureba niba raporo y’impuguke mu bugenzacyaha ishobora gufasha gushimangira ibimenyetso cyangwa ibitekerezo byabo.
Ati “Mu gihe ahagarariye Umunyarwanda kandi agahura n’ikibazo gikomeye, umunyamategeko akwiye gutekereza gusaba urukiko raporo y’impuguke mu bugenzacyaha kugira ngo ifashe gukusanya, kunoza no gusesengura neza ibimenyetso.”
RFI ivuga ko gukomeza guhugura abanyamategeko bizabafasha kumenya igihe ibimenyetso bya gihanga bishobora kuba ingenzi mu rubanza, ndetse no gusobanukirwa neza ibyavuye mu isuzuma ryakozwe n’impuguke.
Abanyamategeko bavuga iki kuri aya mahugurwa?
Me Bonaventure Habimana, umwe mu bitabiriye aya mahugurwa, yavuze ko bigishijwe ibijyanye no gupima ADN, kumenya no kubika neza ibimenyetso, isesengura rikorwa muri laboratwari, ndetse n’uburyo bukoreshwa mu gutanga imyanzuro y’ubutabera bushingiye ku bimenyetso bya gihanga.
Yavuze kandi ko bize uburyo ibikumwe n’ubundi bwoko bw’ibimenyetso bya gihanga bishobora gufasha kumenya umwirondoro w’umuntu, ndetse n’uko gufata cyangwa kubika nabi ibimenyetso bishobora gutuma bitakaza umwimerere n’ubwizerwe bwabyo.
Yagize ati “Nk’abanyamategeko, aya mahugurwa yadufashije cyane kuko twamenye serivisi nyinshi zitangwa na Rwanda Forensic Institute tutari dusanzwe tuzi.”
Me Habimana yongeyeho ko mbere atari azi ko abanyamategeko bashobora kwiyambaza RFI mu buryo butaziguye kugira ngo bahabwe serivisi z’ubushakashatsi n’ubuhanga mu by’ubugenzacyaha igihe bibaye ngombwa.
Aya mahugurwa yanagaragaje ko serivisi za RFI zitagenewe gusa iperereza ku byaha, ahubwo ko n’abaturage bashobora kwifashisha zimwe muri izo serivisi n’igihe ibibazo cyangwa imanza zabo bitajyanye mu buryo butaziguye n’icyaha.
Me Habimana yasabye ko gahunda nk’izi z’amahugurwa zajya zikorwa kenshi, kugira ngo zongere ubushobozi bw’abanyamategeko bwo kumenya ibihe n’imanza aho ibimenyetso bya gihanga bishobora kugira akamaro.
Muri rusange, gahunda yo kwegereza serivisi z’ubugenzacyaha bushingiye ku bumenyi bwa gihanga abaturage igamije gufasha u Rwanda kugira ubutabera bushingiye ku bimenyetso bifatika, aho siyansi ikoreshwa mu gufasha inzego z’ubutabera kugaragaza ukuri no gufata ibyemezo biboneye.
Kugeza ubu, RFI ifite amashami umunani (8) hirya no hino mu gihugu, arimo Ishami rikorera mu bitaro bya Nyagatare, irikorera mu bya Rwamagana n’iryo mu bya Kirehe mu Ntara y’Iburasirazu a, hakaba irikorera mu bitaro bya CHUB mu Karere Huye mu Ntara y’Amajyepfo, hakaba iryo mu bitaro bya Ruhengeri mu Karere ka Musanze mu Majyaruguru, irikorera mu bitaro bya Gihundwe mu Karere ka Rusizi n’iryo mu bitaro bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu mu Burengerazuba, ndetse n’Ishami rikorera ku Kibuga mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe mu Mujyi wa Kigali.

