Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, yisanze mu Itsinda K, aho iri kumwe n’ikipe y’Igihugu ya Mali, Cap-Vert na Liberia, mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 (CAN 2027) kizabera muri Tanzania, Kenya na Uganda.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 19 Gicurasi 2026, ni bwo i Cairo mu Misiri habereye umuhango w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), wo gutombora amatsinda y’Igikombe cya Afurika cyiswe ‘Pamoja AFCON’.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yari mu gakangara (Pot) ka gatatu, yisanze mu Itsinda K, izaba isangiye na Mali, Cap-Vert na Liberia itozwa Adil Erradi Mohammed wanyuze mu Rwanda atoza APR FC.
U Rwanda ruri ku mwanya wa 128 ku rutonde rw’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), Mali ikaba iya 52, Cap-Vert ikaba iya 69, mu gihe Liberia ari iya 140.
Amakipe abiri ya mbere muri tsinda ni yo azabona itike yo gukina CAN 2027, keretse mu itsinda ririmo Uganda, Tanzania na Kenya ahazava ikipe imwe mu gihe ibyo bihugu byaba bidasoreje mu myanya ibiri ya mbere.
Urugendo rwo gushaka itike ya CAN 2027 ruzamara amezi atatu, hagati ya Nzeri 2026 na Mutarama 2027, ni mu gihe irushanwa rizaba hagati ya tariki ya 19 Kamena kugeza tariki ya 17 Nyakanga 2027.

