Nyagatare: Umuyobozi w’ishuri wamaze gutoroka, yirukanywe azira ibiryo

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwirukanye mu kazi Umuyobozi w’Ishuri ribanza rya Rubira II, riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga kubera kwiba ibiryo byagenewe abanyeshuri akabigurisha; mu gihe inzego z’umutekano muri aka Karere zirimo kumushakisha kuko yamaze gutoroka.

Ibi byamenyekanye nyuma y’uko tariki 5 Mata 2026 hafashwe umucuruzi umwe yari yagurishije ibishyimbo, akavuga ko yabigurishijwe n’umuyobozi w’iri shuri ribanza rya Rubira II.

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyagatare, Kakooza Henry, yabwiye Igihe ko babonye amakuru ko hari ibishyimbo yagurishije abikuye mu bubiko birenga ibilo 500 byagombaga kugaburirwa abana 671, bituma bakurikirana basanga hari n’ibindi yibye n’ubwo harimo n’ibyo bagaruje.

Ati “Ibishyimbo yibye ibilo 500 ariko twabashije kugaruza ibilo 465 ibindi bilo 35 ntabwo turabibona, kawunga ni ibilo 100, umuceri ni ibilo 125, ubuto ni litiro 120 muri zo 60 twarazigaruje, isabune yibye imiti itanu. Ibikubera bifiite agaciro k’ibihumbi 470 Frw, ibindi twarabigaruje.’’

Meya Kakooza yakomeje avuga ko bimwe mu byari byibwe babisubije mu mutungo wa Leta kugira ngo bigaburirwe abana; anongeraho ko ubuyobozi bwagiye kureba uwo muyobozi w’ikigo cy’ishuri, basanga yamenye ko baje kumureba ahita atoroka aho kuri ubu ari gushakishwa n’inzego z’umutekano.

Yongeyeho ati “Uwo muyobozi rero twamwirukanye mu gihe izindi nzego ziri kumukurikirana. Ubutumwa twaha abayobozi b’ibigo by’amashuri twanakoranye inama ejo, ni uko bamenya ko Leta iba yashoye amafaranga menshi kugira ngo abana bose babashe kugaburirwa ku mashuri, bigamije kugira ngo abana bagire imibereho myiza, bige neza ireme ry’uburezi rirusheho kumera neza.’’

Meya Kakooza yakomeje avuga ko abayobozi b’amashuri bakwiriye kwitwararika bakamenya ko ari icyaha kunyereza ibiryo by’abanyeshuri kandi ko bihanwa n’amategeko; abasaba kuba inyangamugayo no gufata neza umutungo wa Leta bawukoresha icyo wagenewe, kuko uzabirengaho azajya ahanwa n’amategeko.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *