Ibyoherezwa mu mahanga biva mu nganda z’i Kigali bigeze kuri miliyoni 290 z’amadolari

Inganda zikorera mu cyanya cyihariye cy’inganda cya Kigali (Kigali Special Economic Zone-KSEZ) zohereje mu mahanga ibicuruzwa byatunganyijwe bifite agaciro ka miliyoni 290 z’amadolari mu mwaka wa 2025, mu gihe ubuyobozi buri gutegura kwagura iki cyanya mu cyiciro cya gatatu n’icya kane.

Uku kwagura kugamije kwakira abashoramari bagenda biyongera no kwihutisha gahunda y’igihugu yo kwimukira ku bukungu bushingiye ku nganda.

Muri rusange, agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga mu 2025 kageze kuri miliyari 4.2 z’amadolari, kavuye kuri miliyari 3.5 mu 2024.

Aya makuru yatangajwe ku wa Gatatu, tariki ya 15 Mata, mu nama yabereye muri Komisiyo ya Sena ishinzwe ubukungu n’imari, aho abayobozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), by’umwihariko Urwego rushinzwe uturere twihariye tw’ubukungu (Special Economic Zones Authority of Rwanda-SEZAR), bitabye abadepite gutanga raporo ku iterambere n’imbogamizi mu kubaka icyanya cy’inganda cya Kigali.

KSEZ yashinzwe mu 2010 nyuma yo guhuza Rwanda Free Zone na Kigali Industrial Park, kandi kuva icyo gihe yagiye itera imbere igera ku rwego rwo kuba icyanya cy’ingenzi cy’inganda mu gihugu.

Umuyobozi mukuru ushinzwe ishoramari muri RDB, Michelle Umurungi, yavuze ko iki cyanya kimaze gukurura inganda zirenga 230 mu nzego zitandukanye zirimo izikora ibicuruzwa, ibikoresho by’ubwubatsi, n’ibikoresho bikoreshwa mu nganda.

Yagize ati: “Izi nganda zagize uruhare mu guhindura ubukungu bw’u Rwanda bwari bushingiye cyane ku bicuruzwa bitumizwa hanze, bujya ku bukungu butunganya kandi bwohereza ibicuruzwa byarangiye. Iki cyanya cyanateje imbere ibikorwa remezo birimo imihanda ireshya na kilometero 13.75, imiyoboro y’amazi n’amashanyarazi ifite uburebure bwa kilometero 49 buri kimwe, internet ya fibre optic ifite kilometero 24, ndetse n’amatara yo ku mihanda afite kilometero 17.”

Yakomeje agira ati: “Ibi bikorwa remezo byatumye KSEZ ibasha kwakira inganda nini n’iziciriritse, bigatuma habaho urwego rufasha ibikorwa byo gutunganya ibicuruzwa, kubyohereza no kubitwara bikorwe neza.”

Michelle Umurungi ushinzwe ishoramari muri RDB, avuga ko inganda zo KSEZ zagize uruhare mu guhindura ubukungu bw’u Rwanda. (Photo: Internet)

Uretse ibyoherezwa mu mahanga, KSEZ yagize uruhare rukomeye mu gutanga imirimo, aho mu 2025 yari imaze gutanga akazi ku bantu barenga 20,000.

Abayobozi bavuga ko kuba inganda zegeranye byanafashije kongerera ubushobozi abakozi b’Abanyarwanda mu bijyanye n’ubumenyi ngiro, bigashyigikira intego z’igihe kirekire z’iterambere ry’abakozi b’igihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *