Umuhanzi wo muri Uganda, Douglas Mayanja uzwi nka Weasel, yongeye kugarukwaho nyuma y’uko hagaragaye amashusho n’amajwi ashinja umugore we, Sandra Teta, kumuhohotera no kumutererana mu bihe bikomeye by’uburwayi.
Aya majwi yasohowe n’ikinyamakuru Galaxy FM cyo muri Uganda, yumvikanamo Weasel ataka cyane asaba gutabarwa, anashinja Sandra Teta ko atigeze amuvuza nyuma yo kumugonga bigatuma avunika ukuguru.
Mu majwi amwe na we Sandra Teta yumvikanamo, abaza kenshi mu ijwi riranguruye ati: “Namutwaye iki?”
Weasel agaragara asaba ko Sandra yirukanwa mu rugo rwabo rwa Neverland, nubwo kugeza ubu bitaramenyekana igihe n’impamvu byatumye ayo majwi afatwa.
Uru si rwo rugendo rwa mbere rw’amakimbirane hagati y’aba bombi:
- Mu 2022, byari byatangajwe ko Sandra ari we uhohoterwa na Weasel, bituma ahungana n’abana be i Kigali.
- Mu 2023, Weasel yasabye imbabazi, Sandra agaruka i Kampala bongera kubana.
- Vuba aha, Sandra Teta yongeye kuvugwa cyane nyuma yo kugonga Weasel n’imodoka bikamuviramo kuvunika ukuguru. Yafashwe na Polisi, ariko nyuma arekurwa ubwo Weasel yamubabariye.
Nyuma yo kuva mu bitaro, Weasel yasubiye mu rugo aho byari byitezwe ko yakitabwaho n’umugore we. Gusa amajwi mashya yashyizwe hanze agaragaza ko amakimbirane yabo yakomeje gukaza umurego.
Weasel na Sandra Teta batangiye gukundana mu 2018 ubwo Sandra yimukiye muri Uganda ashakisha imibereho. Kugeza ubu bafitanye abana babiri, ariko umubano wabo ukomeje kurangwa n’amakimbirane agaragara mu bitangazamakuru ndetse no ku mbuga nkoranyambaga.
