Umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben yatangaje ko hari amahirwe menshi yo gukorana indirimbo n’icyamamare cyo muri Nigeria, Kizz Daniel, nyuma y’uko bombi bahuriye mu gitaramo cyabereye muri BK Arena kigahuriza hamwe ibyamamare bitandukanye ku mugoroba wo gusoza iserukiramuco rya Giants of Africa.
The Ben yavuze ibi ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye i Kigali ku wa 7 Kanama 2025, cyari kigamije gutangiza ibikorwa bijyanye n’igitaramo gishya ateganya muri uku kwezi.
Uyu muhanzi wubatse izina ku ruhando mpuzamahanga yemeje ko Kizz Daniel yamwandikiye amugaragariza ko yanyuzwe n’umuziki we, ndetse amusaba ko bashyira hamwe bakakorana igihangano gikomeye.
The Ben ubwo yabazwaga kuri ya foto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga ari kumwe na Kizz Daniel bahoberanye, yasubije ko iyo foto yari ifite aho ishingiye kuko nyuma y’igitaramo, Kizz Daniel ubwe yamwandikiye, ndetse banasangiye nimero za WhatsApp.
Yagize ati:
“Yanyandikiye ejobundi ambwira ko akunda cyane umuziki wanjye, ko yifuza ko twakorana. Twahanye nimero zacu, kandi ibyo ni ibintu bishimishije kuko ni ikimenyetso cy’uko hari igikorwa gishobora kuvamo vuba aha.”
Ibi byemejwe n’umunyamakuru Lucky Nzeyimana wari uyoboye icyo kiganiro, wavuze ko Kizz Daniel yandikiye The Ben amagambo agaragaza ishyaka n’ishimwe ku bw’impano ye, ndetse yifuza ko bakorana igihangano gifite ireme.
Nyuma y’igitaramo cye i Kigali, Kizz Daniel ubwe yagaragaje ko yanyuzwe n’uburyo yakiriwe n’abaturage b’u Rwanda, anavuga ko yiteguye kongera kuhagaruka vuba. Ibi bitaramo bikomeye bihuriza hamwe abahanzi mpuzamahanga n’ab’imbere mu gihugu bikomeje kugaragaza ko ari urubuga runini rwo gukurura imikoranire n’imishinga y’ubuhanzi ishingiye ku bwuzuzanye.
Umubano ukomeje kubakwa hagati ya The Ben na Kizz Daniel ushobora kuzanira ibyiza abakunzi b’umuziki wa Afurika, ndetse bikaba ikimenyetso cy’uko u Rwanda ruri kugenda rufata indi ntera nk’ihuriro ry’ibikorwa by’ubugeni n’umuziki ku rwego mpuzamahanga.
