Abahanzi bazwi cyane mu Rwanda no muri Uganda barimo Jose Chameleone, Christopher, Marina, Kenny Sol, Juno Kizigenza, Ykee Benda, AVA Peace, na Niyo Bosco bazahurira mu gitaramo gikomeye cyiswe “Uganda–Rwanda Music Festival”, kizabera kuri Lugogo Cricket Oval i Kampala.
Iki gitaramo cyateguwe mu rwego rwo guteza imbere umubano n’ubusabane hagati y’Abanyarwanda n’Abanya-Uganda, hibandwa ku mico n’umuziki. Abategura bavuga ko intego ari uguhuza abaturage b’ibihugu byombi, by’umwihariko Abanyarwanda batuye muri Uganda, n’Abanya-Uganda bakunda umuziki nyafurika.
Abahanzi bazitabira harimo Jose Chameleone, Christopher, Marina, Kenny Sol, Juno Kizigenza, Niyo Bosco Ykee Benda na AVA Peace.
Ibiciro byo kwinjira:
General: 30,000 UGX (≈11,700 Frw)
VIP: 50,000 UGX (≈19,500 Frw)
VVIP: 100,000 UGX (≈39,000 Frw)
Ameza y’abantu 4: 1,000,000 UGX (≈390,000 Frw)
Ameza y’abantu 8: 3,000,000 UGX (≈1,170,000 Frw)
Ameza y’abantu 12: 5,000,000 UGX (≈1,950,000 Frw)
Abategura bavuga ko iki gitaramo kizaba umwanya w’ingenzi wo guhuza abahanzi, kubashishikariza gukorana imishinga ihuriweho, no gukomeza guteza imbere uruganda rw’umuziki mu karere.
