Ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 11 Gicurasi 2025, nyuma y’umukino wahuje Rayon Sports na Police FC kuri Kigali Pelé Stadium, habaye igikorwa cyateje impaka ku mbuga nkoranyambaga. Amashusho yakwirakwiye agaragaza umwana w’umufana wirukaga mu kibuga agatezwa n’umusore wari ushinzwe umutekano, agahita akubitika hasi abanje umutwe.

Iki gikorwa cyafashwe nk’ubugizi bwa nabi n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, benshi bagaragaza ko ari ihohotera rikabije rikwiye kwamaganwa. Polisi y’u Rwanda, ibinyujije ku rubuga rwa X (Twitter), yatangaje ko uwo musore wagaragaye mu mashusho yamaze gutabwa muri yombi kugira ngo akurikiranwe ku cyaha yakoze. Ibi byemejwe n’itangazo ryasubije umunyamakuru Mutabaruka Angelbert, rigira riti: “Muraho, umusekirite wagaragaye atega umwana mu mukino wahuje Police FC na Rayon Sports kuri Pelé Stadium yamaze gufatwa kugira ngo akurikiranwe ku cyaha yakoze.”
Amashusho y’iki gikorwa yakwirakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga, benshi basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kandi hagafatwa ingamba zikomeye ku bijyanye n’imyitwarire y’abashinzwe umutekano mu mikino. Umunyamakuru Angel Mutabaruka nawe yahamagariye amakipe yose guhaguruka akamagana ibikorwa nk’ibi by’ihohotera.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iperereza rikomeje kandi ko hazafatwa ingamba zikwiye ku bijyanye n’imyitwarire y’abashinzwe umutekano mu mikino. Abaturage barasabwa gukomeza gutanga amakuru y’ahagaragara ibikorwa nk’ibi kugira ngo bifashe mu gukumira no guhana abagaragaza imyitwarire mibi.
