RIB yemeje ko yataye muri yombi umuraperi Sky 2

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Hahirwabasenga Thimothée uzwi ku izina rya Sky 2, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake ndetse n’icyaha cyo guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B.Thierry yabwiye InyaRwanda, ko Sky 2 yafunzwe kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026; akekwaho gukubita umugore we basezeranye byemewe n’amategeko, akamukomeretsa ndetse ngo akanamuruma ugutwi ku buryo bukabije.

Ibi byabaye tariki ya 05 Gicurasi 2026, bibera mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Nduba, Akagari ka Gasanze, mu Mudugudu w’Agatagara.

RIB yavuze kandi ko Sky 2 akekwaho kuba atari ubwa mbere akubise umugore we, kuko amakuru y’ibanze agaragaza ko no mu bihe bitandukanye yaba yaragiye amuhoza ku nkeke, ndetse akanamukorera ihohoterwa rishingiye ku mubiri.

Kuri ubu Sky 2 afungiye kuri Station ya RIB ya Nduba mu gihe dosiye ye iri gutunganywa kugira ngo yohererezwe Ubushinjacyaha.

Icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake akurikiranyweho giteganywa n’Ingingo ya 11 y’Itegeko Nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uhamijwe iki cyaha ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu ariko kitarenze umwaka umwe n’ihazabu iri hagati y’ibihumbi 100 Frw na 300 Frw.

Akaba anakurikiranyweho icyaha cyo guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe, giteganywa n’Ingingo ya 147 y’Itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Ku gihano cy’iki cyaha, uwagihamijwe ashobora guhanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri.

RIB yavuze ko umuntu wese ukora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa ku bushake cyangwa guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe atazihanganirwa, isaba abaturage gukomeza gutanga amakuru ku gihe kugira ngo hakumirwe ihohoterwa rikorerwa mu ngo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *