Imbeba izwi ku izina rya ‘Magawa’ yamamaye mu gutegura ibisasu ikanahabwa umudali wa zahabu kubera ubwo butwari, yongeye gushimwa ubwo ku nshuro ya mbere imbeba itegura ibisasu yubakiwe ishusho y’icyubahiro.
Magawa ni imbeba yavukiye muri Kaminuza y’ubuhinzi ya Sokoine yo mu Mujyi wa Morogoro muri Tanzania, aho yatojwe n’umushinga w’Ababiligi wa Apopo mbere yo kujyanwa muri Cambodia mu 2016 gufasha gutahura ahari ibisasu ikoresheje kwinukiriza.
Ikoresheje ubushobozi bukomeye yari ifite bwo kugaragaza ahari ibiturika, Magawa yahitaga iburira abashinzwe kubitegura bakabihakura neza.
Magawa, yabayeho imyaka umunani, yabashije kwinukiriza maze yerekana ahantu hari mine zirenga 100 n’ibindi biturika muri Cambodia mu myaka itanu yamaze ikora ako kazi kuva mu 2016.
Mu gihe cyayo, iyi mbeba idasanzwe yabashije kugaragaza mine n’ibindi biturika ahantu hari ku buso bwa metero kare zirenga 141,000, hangana n’ibibuga 20 by’umupira w’amaguru.
Mu 2020, Magawa yahawe umudali wa zahabu uzwi nka PDSA kubera kwitangira umurimo urokora abantu; iba iya mbere mu nyamaswa nka yo yahawe uwo mudari mu mateka y’imyaka 77 y’ikigo Apopo gifasha mu gutoza inyamaswa; ni mu gihe nyuma yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, Magawa yaje gupfa mu 2022.

Ishusho nini yacuzwe mu ibuye ryo muri ako gace yakozwe n’abanyabugeni yamuritswe mu Mujyi wa Siem Reap muri Cambodia ku tariki 04 Mata 2026, ku munsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ububi bwa mine.
Ni mu gihe mine zitegwa mu butaka zikiri ikibazo muri Cambodia, naho ku Isi, Umuryango mpuzamahanga (ONU) uvuga ko abantu barenga miliyoni bagikorera kandi bakaba ku butaka butezwemo za mine zitaraturika.
Michael Raine, ushinzwe ibikorwa muri Apopo, yavuze ko iyi shusho yubakiwe Magawa yibutsa ONU ko hakiri akazi ko gukora muri iki gihugu cya Cambodia; n’ubwo iki gihugu gifite intego yo kuba itakirangwamo za mine kugeza mu 2030.

Ikigo Apopo gitoza imbeba ako kazi, zizwi kandi nka HeroRATS, kuva mu myaka ya 1990; aho kubera ubuto bwazo, ntabwo ziba zishobora gukora cyangwa gukandagira ku gisasu ngo giturike, bigatuma iyo zitojwe ziba uburyo bwiza bwo kubitahura kurusha abantu.
Ni mu gihe kandi imbeba zibasha no gutahura indwara y’igituntu, vuba cyane kurusha igisubizo kiva muri laboratoire, nk’uko Apopo ibivuga; ndetse muri Tanzania zanatojwe kurwanya ibikorwa byo gutwara ibice by’inyamaswa bitemewe.
Indi mbeba ya Apopo yitwa Ronin, umwaka ushize yaciye umuhigo w’Isi mu gihe gito ubwo yari imaze gutahura ibisasu 109 n’ibindi bintu biturika kuva mu 2021; aho ako kazi gatangaje yakoreye mu majyaruguru ya Cambodia kakuyeho umuhigo wari ufitwe na Magawa.


