Mu gihe Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yitegura umukino wa mbere mu mikino ya FIFA Series 2026 kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Werurwe 2026; umutoza w’Amavubi, Stephen Constantine yasezereye abakinnyi batanu muri 31 yari afite, asigarana 26 azifashisha.
Abasezerewe barimo Rutahizamu Nshuti Innocent, Ruboneka Jean Bosco, Niyo David, Ndayishimiye Karl Matteo wari uhamagawe ku nshuro ye ya mbere n’umuzamu Niyongira Patience.
Amategeko y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), agena ko abakinnyi bifashishwa muri aya marushanwa ari 26; mu gihe umutoza Stephen Constantine n’umwungiriza we Eric Nshimiyimana bari bahamagaye abakinnyi 31.
Imikino ya FIFA Series iri kubera mu Rwanda kuva tariki ya 26 ikazasozwa ku ya 30 Werurwe 2026.
Amavubi arakina umukino wa mbere na Granada kuri uyu wa Gatanu saa 21:00 muri Stade Amahoro, ni umukino ubanzirizwa n’uwa Kenya na Estonie ku isaha ya saa 18:00.
Amakipe yitwara neza uyu munsi azahurira ku mukino wa nyuma ku wa Mbere tariki 30 Werurwe, mu gihe ayatsinzwe azahatanira umwanya wa gatatu.
Ni mu gihe mu mikino yakinwe mu itsinda B, yasize Aruba inyagiye Macau ibitego 4-1, naho Tanzania itsindwa kimwe ku busa na Liechtenstein; bivuze ko Tanzania izakina na Macau bahatanira umwanya wa gatatu, mu gihe nyuma yaho Aruba izacakirana na Liechtenstein; imikino yose iteganijwe ku Cyumweru tariki 29 Werurwe 2026.





