Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), yagarutse ku mugaragaro nyuma y’igihe kinini acecetse, ashinja ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi kwimakaza igitugu no gusubiza igihugu inyuma. Ibi yabivugiye mu ijambo ryanyujijwe kuri YouTube mu buryo bwa “live” ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, nyuma y’uko Sena ya DRC imukuyeho ubudahangarwa, bikaba byateye impaka ndende mu gihugu.
“Iyo ubucamanza bwemera gukoreshwa, iyo inteko idashobora kubaza Perezida, iyo ubutegetsi bwifashisha imitwe yitwaje intwaro mu guhangana n’inyeshyamba, igihugu kiba cyinjiye mu mwijima.”
Yasabye ko ingabo z’amahanga ziva muri DRC
Kabila yanenze imikoranire ya leta ya DRC n’imitwe nka FDLR n’indi y’abacanshuro, asaba ko “ingabo zose z’amahanga ziva mu gihugu”. Yashimye icyemezo cya SADC cyo gukura ingabo zayo muri DRC, avuga ko zateje urujijo aho gutanga umutekano.
Yagize ati:
“Ingabo z’igihugu zasimbuwe n’imitwe y’abacanshuro, imitwe ishingiye ku moko n’ingabo z’amahanga zashoye igihugu mu kavuyo.”
Aho ashinja ubutegetsi gusubiza igihugu inyuma
Mu myaka itandatu Tshisekedi amaze ku butegetsi, Kabila avuga ko igihugu cyasubiye inyuma. Yavuze ko ubukungu bwazambye, ruswa yiyongereye, ndetse amadeni ya leta yarenze miliyari 10 z’amadolari y’Amerika.
Yagize ati:
“Twasubiye aho twatangiriye: leta yananiwe, yasenyutse, iri ku isonga mu bihugu bicyennye, bifite ruswa no kudakoresha umutungo neza.”
Imikoranire ya DRC n’u Rwanda
Kabila yavuze ko inzira y’amahoro igomba kwiyubaka ishingiye ku biganiro byimbitse, asaba ko hatagenderwa gusa ku masezerano n’inyeshyamba, ahubwo bigashyigikirwa n’imiryango nka Kiliziya Gatolika.
Ibihugu bya DRC n’u Rwanda byaherutse gusinya amasezerano ya politiki muri Amerika, agamije guhosha intambara. Ariko Kabila yabwiye ubutegetsi ko “amaherezo” ari ukwicara n’impande zose zitumvikana, hatabayeho kwikunda no gushaka gutsinda abandi mu buryo bwa gisirikare gusa.