Ikipe ya REG VC yatsinze Police VC amaseti 3-2 (20-25, 22-25, 25-22, 25-21, 15-7), mu mukino wa kane mu ya kamarampaka, iyibuza kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball, kuko yasabwaga gutsinda uyu mukino gusa.
Ni umukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 16 Gicurasi 2026, kuri Petit Stade i Remera, utangira Police VC itozwa na Fred Musoni iri imbere kuko ari yo yatsinze amaseti abiri ya mbere (20-25, 22-25).
Amaseti abiri akurikira yegukanywe na REG VC itozwa na Benon Mugisha Bavuga (, 25-22, 25-21,), wabonaga ko ikina ifite intego nta gucika intege; doreko hari naho Police VC yagize amanota 21 kuri 17 ya REG, ariko birangira itwaye iseti.
Iseti ya kamarampaka yoroheye REG VC cyane, kuko nyuma yo kwishyura amaseti abiri, Police VC wabonaga yacitse intege, birangira itsinzwe amanita 15 kuri 7; bityo muri rusange umukino urangira ari amaseti 3 ya REG VC kuri 2 ya Police VC.

Iyi Police VC yari ifite intsinzi ebyiri mu mikino itatu yasabwaga gutsinda uyu munsi ikegukana igikombe cya shampiyona 2025/2026, mu gihe REG VC yari ifite intsinzi imwe yabonye mu mukino uheruka yasabwaga intsinzi iyijyana mu mukino wa gatanu ari na wo wa nyuma.
Ibi byatumye amahirwe yo kuba ikipe ya REG VC yakwegukana iyi Shampiyona yiyongera, dore ko amakipe yombi azakiranurwa n’umukino wa gatanu mu ya kamarampaka; aho uyu mukino uteganijwe kuri iki Cyumweru tariki 17 Gicurasi 2026 muri Petit Stade i Remera.
Ni mu gihe igikombe cya Shampiyona mu bagore cyamaze kwegukanwa na APR WVC yatsinze Kepler WVC mu mikino itatu ya mbere ya kamara mpaka.





