Volleyball: Kepler VC na Police WVC begukanye irushanwa ry’Intwari

Ikipe ya Police WVC mu bagore na Kepler VC mu cyiciro cy’abagabo, ni yo yegukanye irushanwa ry’umunsi w’Intwari (#Ubutwari2025).

Ni mu mikino yatangiye ku wa Gatanu tariki 31 Mutarama isozwa ku Cyumweru tariki ya 2 Gashyantare 2025, mu nzu y’imikino ya Petit Stade i Remera mu Mujyi wa Kigali.

Mu cyiciro cy’abagore, ikipe ya Police WVC ni yo yegukanye igikombe itsinze ku mukino wa nyuma APR WVC amaseti 3-2 (25-16, 19-25, 25-23, 26-24, 10-15); umwanya wa gatatu wegukanwa n’ikipe ya Kepler WVC itsinze RRA amaseti 3-1.

Mu cyiciro cy’abagore Police WVC niyo yegukanye igikombe cy’Intwari 2025.

Mu bagabo ho Kepler VC ni yo yegukanye iki gikombe itsinze REG VC ku mukino wa nyuma amaseti 3-1 (17-25, 23-25, 25-23, 34-36); umwanya wa gatatu wegukanwa n’ikipe ya Police VC itsinze APR VC amaseti 3-0.

Kepler VC yishimira igikombe cy’Intwari 2025 yegukanye mu cyiciro cy’abagabo.

Ni imikino yitabiriwe n’abafana batandukanye kandi benshi kuva yatangira, ndetse imikino ya nyuma yitabirwa n’abayobozi barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe, Nkusi Deo, ndetse n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya siporo, Uwayezu François Régis n’abandi.

REG VC yegukanye umwanya wa kabiri mu bagabo.
APR WVC niyo yegukanye umwanya wa kabiri mu cyiciro cy’abagore.
Kepler WVC niyo yabaye iya gatatu mu gikombe cy’Intwari 2025.
Police VC ihagaze neza muri shampiyona yatwaye umwanya wa gatatu mu bagabo mu gikombe cy’Intwari 2025.
Umunyamabanga w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe, Nkusi Deo aha igikombe Police WVC.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya siporo, Uwayezu François Régis aha igikombe ikipe ya Kepler VC.
CSP Jackline Urujeni uyobora amakipe ya Volleyball y’Igipolisi cy’u Rwanda yishimira imyitwarire y’ikipe ye.
Umuyobozi mukuru wa Kepler, Nathalie Munyampenda akurikiranye umukino wa nyuma ikipe ye yatsinzemo REG VC.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *