Perezida Kagame yakiriye itsinda ry’abanyeshuri ba Kaminuza ya Wharton

Ku wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abanyeshuri ba Kaminuza ya Wharton yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika biga amasomo y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’ubucuruzi; baje kwigira ku Rwanda uko rwashyizeho imiyoborere ndetse na gahunda zigamije kwihutisha iterambere ry’igihugu.

Iri tsinda riyobowe na Profeseri Katherine Klein na Eric Kacou riri mu Rwanda muri gahunda yo kumva uko igihugu cyashoboye kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Barashaka kumenya kandi uko u Rwanda rwashyizeho imiyoborere ndetse na gahunda zigamije kwihutisha iterambere ry’igihugu nyuma y’ibihe bikomeye rwanyuzemo.

Perezida Paul Kagame yabakiriye muri Village Urugwiro.

Ni mu isomo rifite insanganyamatsiko igira iti “Amakimbirane, imiyoborere n’impinduka.”

Iri somo rigamije kugaragaza ubuyobozi bwiza, imiyoborere inoze, politiki y’iterambere ry’Igihugu byahinduye u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu myaka 30 ishize igihugu cyibohoye ubutegetsi bw’igitugu hakanahagarikwa Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rushimirwa intambwe rwateye mu miyoborere ndetse no kongera kunga Abanyarwanda bakabana mu mahoro kandi bakaba mu gihugu gitekanye.

Barimo kwiga isomo rifite insanganyamatsiko igira iti ‘Amakimbirane, imiyoborere n’impinduka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *