Nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports ikamutwara igikombe kiruta ibindi (Supe cup), Umufaransa Thierry Froger utoza APR FC ntiyorohewe na GAADIIDKA FC banganya 1-1, abafana baririmba ko nta mutoza bafite.
Ni mu mikino y’amajonjora y’ibanze mu irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAF Champions’ League), aho kuri Kigali Pele Stadium yari yakiriye ikipe ya GAADIIDKA FC yo muri Somalia, umukino ukaza kurangira amakipe yombi aguye miswi igitego kimwe ku kindi.
Uyu mukino waranzwe no kwiharira umupira ku ruhande rwa APR FC, ariko icyitwa kureba mu izamu kikagorana, bisa neza neza n’umukino wari wabahuje na mukeba wabo (Rayon Sports) muri Super cup 2023, bikarangira Rayon Sports ibanyagiye ibitego 3 ku busa.
Nyuma yo kunganya igitego kimwe kuri kimwe na GAADIIDKA FC yo muri Somalia, benshi bakurikiranira hafi umupira w’amaguru hafi banenze Umutoza Thierry Froger, aho bahurizaga ku kuba uyu mugabo atazi guhagarika abakinnyi be mu kibuga, kutagendana n’umukino ngo asome imikinire y’uwo bahanganye ndetse no kutamenya gusimbuza, ngo yongere imbaraga ahakenewe bityo ikipe yitware neza.
Ibi ni nabyo byatumye abafana n’abakunzi ba APR FC nyuma y’umukino w’uyu munsi bagaragaza uburakari kuri Thierry Froger, baririmba uwo yasimbuye, Adil Erradi Mohammed, ndetse banavuga ko nta mutoza bafite.
Mu ndirimbo bagiraga bati: “Adil wacu, Adil wacu; Nta mutoza dufite, nta mutoza dufite.”
Thierry Froger yagizwe Umutoza wa APR FC nyuma y’aho iyi kipe y’ingabo z’igihugu ihinduye gahunda yari yarihaye mu myaka 11 yari ishize ikinisha abanyarwanda gusa, bikaba bigaragara ko abanyamahanga yaguze nta kinini barusha abo yakoreshaga, n’ubwo wenda batari bamenyerana.
Ni mu gihe biteganijwe ko APR FC na GAADIIDKA FC bazagaruka mu kibuga ku wa Kane tariki 24 Kanama 2023 mukino wo kwishyura, aho ikipe izatsinda ari yo izakumeza mu ijonjora rikurikiraho rya CAF Champions’League.
