Umugabo ukomoka muri Mexique yatawe muri yombi azira gushaka kwica Donald Trump

Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (ICE) rwafashe Ramon Morales-Reyes, umugabo w’imyaka 54 ukomoka muri Mexique, ukurikiranyweho kohereza ibaruwa yandikishijwe intoki ze, isaba kwica Perezida Donald Trump. Iyi baruwa, Morales-Reyes yayandikiye umukozi wa ICE, agaragaza umujinya ku bijyanye n’imyitwarire ya Amerika ku bimukira, avuga ko azarasira Trump mu bikorwa bye byo kwiyamamaza akoresheje imbunda ya .30-06.

Morales-Reyes yinjiye muri Amerika mu buryo butemewe nibura inshuro icyenda hagati ya 1998 na 2005, kandi afite amateka yo gukora ibyaha birimo icyaha gikomeye cyo guhitana umuntu mu mpanuka agahita atoroka. Yafatiwe muri Leta ya Wisconsin, ubu akaba afungiye muri gereza ya Dodge County, ategereje koherezwa mu gihugu cye.

Umunyamabanga wa DHS, Kristi Noem, yashimiye abakozi ba ICE ku bw’akazi bakoze, asaba abanyapolitiki n’itangazamakuru kugabanya amagambo ashobora guteza umutekano muke.

Ibi bibaye nyuma y’uko ku wa 13 Nyakanga 2024, Donald Trump yarokotse igitero cyagabwe n’umusore w’imyaka 20 witwa Thomas Matthew Crooks, wamurashe mu gutwi ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza i Butler, muri Leta ya Pennsylvania. Crooks yarashe amasasu umunani akoresheje imbunda ya AR-15, yica Corey Comperatore, wahoze ari umuyobozi w’abashinzwe kuzimya umuriro, ndetse akomeretsa abandi bantu babiri. Trump yarokotse icyo gitero, aho yarashwe mu gutwi, ariko yahise ahaguruka, yerekana ikimenyetso cy’intsinzi, avuga ati “Turwane!”

Nyuma y’icyo gitero, Trump yagarutse i Butler mu kwezi kwa cumi 2024, aho yagaragaye imbere y’abashyigikiye gahunda ye ya “Make America Great Again” (MAGA), avuga ko atazigera acika intege cyangwa ngo areke guharanira igihugu cye. Yashimye abashinzwe umutekano bamurindiye ubuzima, ndetse anaha icyubahiro Corey Comperatore, wishwe arwana no kurinda umuryango we.

Ibi bikorwa byose byatumye habaho impinduka mu bijyanye n’umutekano wa Trump, aho Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu rwongereye ingamba zo kumurinda, ndetse hakorwa iperereza ku makosa yabaye mu bijyanye n’umutekano ubwo igitero cyabaga.

Ubu, Morales-Reyes arategereje koherezwa muri Mexique, mu gihe inzego z’umutekano zikomeje gukurikirana abantu bose bashobora guteza umutekano muke.

Ibikorwa nk’ibi byerekana ko hakenewe ubufatanye hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage mu kurwanya iterabwoba n’ibikorwa byose bigamije guhungabanya umutekano w’igihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *