Dark Mode
  • Friday, 29 March 2024

Paris-Rwanda: Habyarabatuma yashinje Hategekimana ‘Biguma’ kwica Burugumesitiri Nyagasaza

Paris-Rwanda: Habyarabatuma yashinje Hategekimana ‘Biguma’ kwica Burugumesitiri Nyagasaza

Mu rubanza rurimo kubera mu rukiko rwa Rubanda i Paris mu Bufaransa, ruregwamo Hategekimana Philippe uzwi nka ‘Biguma’, ku wa Kabiri tariki 16 Gicurasi 2023, Umutangabuhamya bakoranye akazi k’Ubujandarume yamushinje kwica Burugumesitiri Nyagasaza Narcisse.


Ni umutangabuhamya witwa Cyriaque Habyarabatuma ufite imyaka 69, ugororerwa muri Gereza ya Mageragere mu karere ka Nyarugenge, watangaga ubuhamya bwe hifashishijwe ikoranabuhanga, dore ko we yari aho agororerwa.


Yasobanuye byinshi azi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 na mbere yayo, ndetse n’ibyo yagiye yumva aho yabajijwe na Perezida w’urukiko niba koko azi Hategekimana Philippe nk’umuntu wafashaga cyangwa akita ku Batutsi, avuga ko abantu bavugaga ko ahubwo abanga.


Cyriaque Habyarabatuma wari umuyobozi wa Jandarumeri muri Butare ahazwi nk’i Tumba, yasubije iki kibazo agendeye ku ibazwa rye muri 2019, ubwo yabazwaga n’Abafaransa ku mikorere ya Kapiteni Birikunzira nawe wari mu buyobozi muri icyo gihe akaba yari anamukuriye.


Yasobanuraga niba barumvikanaga maze asubiza agira ati:

 

“Yigeze kuntunga urutoki avuga ko ndi icyitso cy’Abatutsi. Nabwiye Kapiteni Birikunzira ko agomba kwita ku mutekano w’abaturage, namubwiye ko niba akeneye ubufasha agomba kumbaza ndetse tuvuganye kuri telefoni ansubiza ko ibintu byose bimeze neza, gusa buri gihe ntabwo yubahaga amategeko yanjye”.


Akomeza avuga ko ubwo mu 1990, inyeshyamba zateraga, yamubwiye ko atagomba kugirira nabi abo bitaga ibyitso, ariko ngo ntiyigeze amwubaha ndetse abwira Etat Major ko bamwimura ntibabikora.


Perezida w’urukiko yamubajije niba Kapiteni Birikunzira ari we wishe uwari Burugumesitiri wa Ntyazo; Nyagasaza Narcisse, maze Habyarabatuma asubiza agira ati:

 

“Oya uyu si Birikunzira wamwishe, uwo yishwe na Hategekimana Philippe”.


Habyarabatuma avuga ko yaje kwimurwa akava aho yayoboraga bakamujyana kuyobora Batayo muri Kacyiru, bavuye i Butare bageze Kacyiru bahasanga Chef wa Delegation witwaga Nyirimanzi; anavuga ko azi Hategekimana Philippe kuko babanye Kacyiru mbere yo kujya i Nyanza, aho yari Sous Officier wari ushinzwe Education Physique, ndetse i Nyanza akaba yari Umujandarume muri Kompanyi yaho.


Ubwo Perezida w’Urukiko yamubazaga amakuru amuziho, yasubije agira ati:

 

“Nabwiwe ko yagiye mu bwicanyi bw’abaturage muri Ntyazo ari nabwo bwahitanye uwitwa Nyagasaza. Ikindi kandi nigeze kumva bavuga ko adakunda Abatutsi”.


Ubwo urubanza rwo ku wa Kabiri 16 Gicurasi 2023 rwendaga gusubikwa, Perezida w’Urukiko yabajije Hategekimana Philippe uregwa muri uru rubanza kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, niba hari icyo avuga nyuma y’ubuhamya bwatanzwe mu mashusho(Video) n’umugororwa Habyarabatuma Cyriaque n’abandi, maze avuga ko ntacyo yongeraho.


Urubanza ruregwamo Philippe Hategekimana uzwi nka ‘Biguma’ rwatangiye tariki 10 Gicurasi 2023, bikaba biteganyijwe ko ruzamara amezi abiri humvwa abatangabuhamya batandukanye bateganyijwe.

 

Hategekimana Philippe uzwi nka ‘Biguma’ wavuze ko uwo bareze atari we kuko we yitwa Philippe Manier, yafatiwe muri Cameroon 2018 nyuma y’impapuro zo kumuta muri yombi kugira ngo akurikiranweho uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994; akurikiranweho ibyaha byo kurimbura Abatutsi barimo n’uwari Burugumesitiri wa Ntyazo, Abatutsi bajyanwe mu nkambi ya Nyabubare no ku musozi wa Nyamure, akanashinjwa kandi kwitabira inama zateguraga Jenoside ndetse zikanayishyira mu bikorwa.

Comment / Reply From